MSF yahagaritse ibikorwa byayo i Misrata

Ibiherutse kuvugururwa: 26 ukwa mbere, 2012 - 13:18 GMT
Libya- urubozo

Libya- urubozo

Ishyirahamwe ry'abaganga batagira imipaka- MSF- ryahagaritse by'agateganyo ibikorwa byaryo mu mujyi wa Misrata, muri Libya, kubera icyo ryise ibikorwa byo kwica urubozo bihakorerwa.

MSF yavuze ko yavuye abantu barenga 100 bari bafite ibikomere kubera gushyirwa ku ngohi.

Yavuze ko hari ubwo abantu bagejewe ku mavuriro bakuwe aho babarizwa maze bamara kuvurwa bagasubizwayo bakongera gukorerwa ibikorwa by'urubuzo.

MSF yatangaje icyemezo cyayo nyuma Navi Pilla, umuyobozi w'ishami ry'umuryango w'abibumbye rishinzwe uburenganzira bw'ikiremwamuntu, atangaje ko afite impungenge kubera ibihumbi by'abanyururu bo muri Libya bafatwa nabi n'abarwanyi badafite ubagenzura.

bbc.co.uk navigation

BBC © 2012 BBC ntabwo yishingiye ibibera hanze y'imbuga zayo.

Uru rupapuro ruboneka neza ukoresheje amashakiro mashyashya ya CSS. Mugihe amashakiro yawe adakorana na CSS ntushobora kubona ibiri kuri uru rupapuro byose cyangwa neza. Niba bishoboka shakisha amashakiro mashyashya ya software cyangwa CSS niba washobora kubikora.