Kenya:2 bari mu rubanza rwa ICC beguye

Ibiherutse kuvugururwa: 26 ukwa mbere, 2012 - 14:28 GMT
Kenyatta-(iburyo)

Kenyatta-(iburyo

Minisitiri w'imari wa Kenya akaba n'umukandida ku mwanya w'umukuru w'igihugu, Uhuru Kenyatta yeguye kuri ako kazi nyuma y'icyemezo cy'ukukiko mpuzamahanga mpanabyaha cyemeje ko agomba kuregwa kubera imvururu zavutse nyuma y'amatora yo muri 2008.

Undi weguye ni Francis Muthaura, wari umunyamabanga w'inama ya leta nawe uregwa n'urwo rukiko, bombi barahakana ibyo baregwa.

Umunyamakuru wa BBC uri i Nayirobi aravuga ko Uhuru Kenyatta azakomeza kuba icyegera cya ministiri w'intebe.

Ntabwo biramenyekana niba Kenyatta azahagarika umugambi yari afite wo guharanira umwanya wa perezida wa Kenya mu matora azaba mu mwaka utaha.

bbc.co.uk navigation

BBC © 2012 BBC ntabwo yishingiye ibibera hanze y'imbuga zayo.

Uru rupapuro ruboneka neza ukoresheje amashakiro mashyashya ya CSS. Mugihe amashakiro yawe adakorana na CSS ntushobora kubona ibiri kuri uru rupapuro byose cyangwa neza. Niba bishoboka shakisha amashakiro mashyashya ya software cyangwa CSS niba washobora kubikora.